IKIBAZO CY’AMAZI MEZA KIRACYARI INGORABAHIZI


PHOTO:JPB
Nubwo leta y’u Rwanda ishyira ingufu zigaragara
mukuzamura imibereho y’abanyarwanda ,y’ubaka ibikorwa remezo bifitiye abaturage
akamaro,nk’imihanda,amavuriro,amashanyarazi,…harahakigaragara ikibazo cy’amazi
meza.
Icyerekezo cyanyarukiye mu ntara
y’iburasirazuba,akarere ka Gatsibo,umurenge wa Ngarama,akagari ka
karambi,umudugudu wa Rushenyi kuhasura. Ufashe umuhanda Kigali-Nyagatare utaragera Nyagatare ugera I
kabarore ubu hubatse akarere ka Gatsibo,ukarengaho ukagera ahitwa ku byapa bya
Ngarama,ugafata umuhanda w’igitaka ugera ku birometero nka 20,ugera mu
gasanteri gashyushye ka Ngarama.Usanganizwa no kubona amapoto y’amashanyarazi
ndetse n’iminara y’itumanaho,urutare rwa Ngarama rwogeye mu mateka.Kuburyo
ubona ari centeri ifite ikerekezo.
Gusa iyo ukomeje kugera mutugari tumwe tw’uwo murenge utungurwa no kubona abana
ndetse n’abakuze bafite ibivomesho baje kuvoma amazi mubidendezi by’amazi.Mu
mudugudu wa Rushenyi akagari ka Karambi muri uwo murenge,twahasanze ku iriba
bakunze kwita “Ryarukubiza”nikidendezi gifite amazi asa y’ikigina ,amarebarebe
n’imitubu isimbuka,rifite nka meterokare 5 ndetse na metero zigera ku 15 z’ubujyakuzimu
nkuko twabitangarijwe n’abahaturiye bahavomera.Nkuko babidutangarije hari
hakenewe uburyo babonerwa amazi meza.Ngo byibuza wanabubakira yamavomo ya
nayikondo ngo kuko iryo riba bavomaho rimajije kwica abantu barenga 10 mu myaka
itanu cyane cyane abana.Kuburyo ngo uyo utumye umwana kuvoma uba utizeye ko
agaruka.
Twabajije abaturage icyo
babivugaho,batubwira ko ikibazo cyabo kizwi,badutangarizako icyo bakora ari
umuganda bagerageza gusukura iyo mariba.Twagerageje uburyo twabona ubuyobozi
ngo tubabaze uko babyumva ntibyakunda.
Jean Paul BUJYACYERA/Chief Editor
No comments:
Post a Comment